I. INSOBANURO
Ijambo “Adiventi” rikomoka ku ijambo ry’ikilatini “Adventus” rivuga “Amaza”.
Mu isezerano rishya iri jambo rifite ibisobanuro bibiri ugendeye ku gisobanuro
cyaryo mu kigereki:
- Ukuza yuje ikuzo kwa Nyagasani (Parousia)
Reba: Mt 24, 3.27.37.39 ; 1Kor 15, 23 ; 2Tes 2, 8
- Ukwigaragaza kwa Nyagasani
Reba: 1Tim 6, 14 ; 2Tim 4, 1.8 ; Tito 2, 13
 |
| Adventi ni igihe cyo kwitegura Ivuka rya Yezu Kristu |
Duhereye kuri ibi bisobanuro,
Adventi ni igihe cyo gutegereza amaza (ukuza) n’ukwigaragaza kwa
Nyagasani. Ni igihe twiteguramo ivuka rya Nyagasani.
II. ADVENTI MU MATEKA Y’UBUKRISTU
Mu mateka y’ubukristu, igihe cya Adventi ni cya gihe gihimbazwa kandi kikagirwamo imyumvire itandukanye n’uko kiri ubu.
Mu kinyejana cya 4, Adiventi yamaraga
ibyumweru bitatu (guhera ku wa 12/12 kugera ku wa 06/01). Muri icyo gihe
abakristu basabwaga kwibabaza, bategura Batisimu
yatangwaga ku munsi mukuru w’Ukwigaragaza kwa Nyagasani (ku wa
06/01=Mu burengerazuba). Mu burasirazuba si uko byari biri ! Kuko ho,
Adiventi cyari igihe cyo kuzirikana ku gaciro k’iminsi
mikuru ya Noheli n’Ukwigaragaza kwa Nyagasani, n’uruhare iyo minsi
mikuru ifite mu iyobera ry’ugucungurwa kwa muntu. Hanazirikanwaga kandi
kuri Yohani Batisita na Bikira Mariya nk’abantu bagize
uruhare rukomeye mu itegurwa ry’ukuvuka k’Umukiza Yezu Kristu.
Mu kinyejana cya 6, i Roma batangiye
gutekereza kuri Adiventi ku buryo burambye. Batangiye Adiventi imara
ibyumweru 6, biza kugabanywa kugeza ku byumweru 4.
Mu kinyejana cya 8 n’icya 9, hibajijwe
niba Adiventi igomba guhimbazwa nk’ukuza yuje ikuzo kwa Nyagasani
cyangwa niba ari ukwitegura ukuvuka kwa Nyagasani. Hemezwa
ko Adiventi ari igihe cyo gutegereza no kwitegura ivuka rya Yezu.
Mu mwaka w’1963, Inama nkuru ya
Kiliziya yabereye i Vatikani bwa kabiri (Vatican II), yemeje ko Kiliziya
ihimbaza iyobera rya Kristu ku minsi yihariye (…),
ihimbaza iryo yobera uko ryakabaye mu bihe bitandukanye by’umwaka
uhereye ku kwigira umuntu n’ivuka bya Kristu ukagera ku isubira rye mu
ijuru, ukagera ku munsi yohererejeho intumwa ze Roho
Mutagatifu (…) (S.C. 102)
Mu mwaka w’1969, i Roma
hatangarijwe amategeko rusange yerekeye umwaka wa liturujiya
n’ingengabihe yawo. Hemezwa ko igihe cya Adventi gifite intego ebyiri:
Ni igihe cyo kwitegura umunsi mukuru ukomeye wa Noheli,
utwibutsa uko Umwana w’Imana yaje mu bantu bwa mbere; ni igihe kandi
urwo rwibutso rufasha imitima gutegereza Kristu uzaza bwa
kabiri ku munsi w’imperuka. Kubera izo mpamvu uko ari
ebyiri, igihe cy’Adventi ni icyo gutegereza Umukiza mu byishimo
n’ubutungane. (Itegeko rya 39, reba igitabo cya Misa, urupapuro rwa
96).
Ibi bisobanuro bihura neza na
liturujiya y’igihe cy’Adventi, ndetse by’umwihariko bikagaragazwa
n’amasomo matagatifu ateganywa na liturujiya mu Misa zo ku
cyumweru mu gihe cy’Adventi.
III. AMASOMO MU MISA ZO KU CYUMWERU
Iyo witegereje neza amasomo
liturujiya iteganya mu Misa zo ku cyumweru mu gihe cy’Adventi usanga
muri buri Misa, isomo rya mbere riva mu gitabo cy’umuhanuzi,
cyane cyane Izayi (Inshuro 7 kuri 12), isomo rya 2 riva mu mabaruwa
ya Mutagatifu Pawulo intumwa, naho Ivanjili ni iyanditswe na Matayo
(Umwaka A), iyanditswe na Mariko, Luka na Yohani (Umwaka B)
n’iyanditswe na Luka (Umwaka C).
IV. IMBONERAHAMWE Y’AMASOMO MURI ADVENTI (KU BYUMWERU)
Icyumweru I
|
Umwaka A
|
Umwaka B
|
Umwaka C
|
Iz 2,1-5
Rom 13,11-14
Mt 24,37-44
|
Iz 63,16-64,7
1Kor 1,3-9
Mk 13,33-37
|
Yer 33,14-16
1Tes 3,12-4,2
Lk 22,25-36
|
| Icyumweru II
|
Iz 11,1-10
Rom 15,4-9
Mt 3,1-12
|
Iz 40,1-11
2Pet 3,8-14
Mk 1,1-8
|
Bar 5,1-9
Filem 1,4-11
Lk 3,10-18
|
| Icyumweru III
|
Iz 35,1-10
Yak 5,7-10
Mt 11,2-11
|
Iz 61,1-11
1Tes 5,16-24
Yh 1,6-28
|
Sof 3,14-18
Filem 4,4-7
Lk 3,10-18
|
| Icyumweru IV
|
Iz 7,10-14
Rom 1,1-7
Mt 1,18-24
|
2 Sam 7,1-16
Rom 16,25-27
Lk 1,26-38
|
Mik 5,1-4
Heb 10, 5-10
Lk 1,39-45
|
Iyo usomye ayo masomo
ukayazirikana, usanga buri cyumweru, mu gihe cy’Adventi, twibutswa
ibyahanuwe, tukumva inyigisho zo mu gihe cy’intumwa, cyane cyane
inyigisho mbonezabupfura (enseignement moral) hagasoza inyigisho zo
mu mavanjili.
Muri zo, buri cyumweru hari ingingo nyamukuru yihariye Yezu atwibutsa.
Icyumweru cya I : Kuba maso mu gihe dutegereje ukuza k’Umwana w’umuntu, dore ko tutazi igihe
azazira (Umwaka A).
Muri uko kuba maso, ntitugomba kurambirwa, tugomba gutegerezanya icyizere (Umwaka B).
Umunsi w’ukuza kwa Nyagasani si umunsi wo kurimbuka, ahubwo ni umunsi w’uburokorwe bwa muntu (Umwaka C).
Icyumweru cya II : Yohani Batisita aduhamagarira guhinduka, tukisubiraho, kuko ingoma y’ijuru
yegereje.
Icyumweru cya III :
Yohani ahamya uwo Yezu ariwe. Arusha Yohani ububasha, kuko ariwe byose
bikesha
kubaho. Ni We rumuri, yaje mu be ntibamumenya / ntiyakirwa. Ni Ntama
w’Imana ugiye gukuraho icyaha kuko abatiriza muri Roho Mutagatifu.
Icyumweru cya IV : Mariya na Yozefu bamenyeshwa ivuka rya Yezu. Amasomo atwereka neza iyobera
ry’ukwigira umuntu n’ivuka bya Yezu Kristu aribyo duhimbaza kuri Noheli.
Ukwicisha bugufi kwa Nyagasani n’ukwiyoroshya kwa Bikira Mariya.
V. UMWANZURO
Igihe cy’Adventi gikwiye
kutubera igihe cyo kuzirikana by’umwihariko iyobera ry’urukundo rw’Imana
yaje idusanga, natwe tukaba dusabwa kuyishyira abandi. Imana
yigize umuntu, ishaka gutura mu mitima yacu.
INYANDIKO ZIFASHISHIJWE
1) XXX, Bibiliya ntagatifu, Verbum Bible, Kinshasa 1997
2) Con. Vat. II, Constitution Sacra Liturgia, Sacrosanctum Concilium, n.
102
3) XXX, Igitabo cya Misa ya Kiliziya Gatolika ya Roma, Ed. Biblique et Liturgique,
Kabgayi, 1991
4) C.EP.R, Ordo liturgique, Année A,B,C
5) P. Rouillard et autres, Temps de l’Avent, assemblée du Seigneur, 4, Cerf, Paris
1975.
Byateguwe na Fratri Augustin NDAGIRIYIMANA