Friday, December 28, 2012

Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu iritegura Yubile y’imyaka 100

Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu iritegura Yubile y’imyaka 100
Inyubako ya paroisse saint famille

 

Paruwasi Gatolika y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille) mu mujyi wa Kigali imaze icyumweru mu gikorwa cy’iyamamazabutumwa mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100 imaze ivutse.
 Abakirisitu b’iyi Paruwasi baranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo gufasha ndetse no kwigisha ijambo ry’Imana ahantu hatandukanye harimo mu magereza, mu isoko, mu mashuri, mu ngo ndetse n’ahandi hose hahurira abantu.


Umuhuzabikorwa w’iyi Paruwaasi, Kubwimana Alphonse avuga ko bateguye ibikorwa byinshi byakozwe muri kiriya cyumweru ngo Abakirisitu begerwe mu buzima basanzwe babamo.
Yagize ati "Ku bufatanye na Communaute de l’Emmanuel, Paruwasi yegereye Abakirisitu bayo mu rwego rw’iyamamazabutumwa ngo bityo bumve ko mu bibi n’ibyiza byose Imana iri kumwe na bo kandi na Kiliziya ibari hafi."
Mu bikorwa byose Umusaseridoti yahaga umugisha aho babaga babikoreye haba mu masoko atandukanye, gereza, ibigo by’amashuri ndetse n’iby’impfubyi, n’ahandi hose hatandukanye.
Kubwimana avuga ko mu myaka 100 Paruwasi Ste Famille yageze kuri byinshi mu nzego zitandukanye dore ko ngo ari yo yabyaye izindi Paruwasi zo mu mujyi wa Kigali ndetse n’iziwukikije dore ko yageraga i Rulindo, i Ruri ndetse n’i Rwamagana.
Ngo kuba imaze kubyara Abasaseridoti 24 ndetse n’abandi bihaye Imana benshi kandi iherereye mu mujyi, ni intambwe ikomeye cyane kuko ngo bitoroshye cyane muri iyi minsi.
Ngo urugendo ruracyari rurerure n’ubwo iyi Paruwasi ifite ibigo by’amashuri bitandukanye ndetse n’ibindi bikorwa bifasha abaturage b’ingeri zose kwiteza imbere banajyana n’aho igihugu kigana dore ko yanashyizeho urubuga rwa internet ruhoraho ibikorwa byayo umunsi ku munsi ari rwo www.paroissesaintefamille.org
Paruwasi gatolika y’Umuryango Mutagatifu yashinzwe mu mwaka w’i 1913 ikazizihiza Yubile y’imyaka 100 mu mwaka utaha wa 2013.

No comments:

Post a Comment