Inyubako ya paroisse saint famille |
Paruwasi Gatolika y’Umuryango
Mutagatifu (Sainte Famille) mu mujyi wa Kigali imaze icyumweru mu
gikorwa cy’iyamamazabutumwa mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100
imaze ivutse.
Abakirisitu b’iyi Paruwasi baranzwe
n’ibikorwa bitandukanye birimo gufasha ndetse no kwigisha ijambo
ry’Imana ahantu hatandukanye harimo mu magereza, mu isoko, mu mashuri,
mu ngo ndetse n’ahandi hose hahurira abantu.
Yagize ati "Ku bufatanye na Communaute de l’Emmanuel, Paruwasi yegereye Abakirisitu bayo mu rwego rw’iyamamazabutumwa ngo bityo bumve ko mu bibi n’ibyiza byose Imana iri kumwe na bo kandi na Kiliziya ibari hafi."
Mu bikorwa byose Umusaseridoti yahaga umugisha aho babaga babikoreye haba mu masoko atandukanye, gereza, ibigo by’amashuri ndetse n’iby’impfubyi, n’ahandi hose hatandukanye.
Kubwimana avuga ko mu myaka 100 Paruwasi Ste Famille yageze kuri byinshi mu nzego zitandukanye dore ko ngo ari yo yabyaye izindi Paruwasi zo mu mujyi wa Kigali ndetse n’iziwukikije dore ko yageraga i Rulindo, i Ruri ndetse n’i Rwamagana.
Ngo kuba imaze kubyara Abasaseridoti 24 ndetse n’abandi bihaye Imana benshi kandi iherereye mu mujyi, ni intambwe ikomeye cyane kuko ngo bitoroshye cyane muri iyi minsi.
Ngo urugendo ruracyari rurerure n’ubwo iyi Paruwasi ifite ibigo by’amashuri bitandukanye ndetse n’ibindi bikorwa bifasha abaturage b’ingeri zose kwiteza imbere banajyana n’aho igihugu kigana dore ko yanashyizeho urubuga rwa internet ruhoraho ibikorwa byayo umunsi ku munsi ari rwo www.paroissesaintefamille.org
Paruwasi gatolika y’Umuryango Mutagatifu yashinzwe mu mwaka w’i 1913 ikazizihiza Yubile y’imyaka 100 mu mwaka utaha wa 2013.
No comments:
Post a Comment