Dore ubuzima bw’Umukozi w’Imana w’umunyarwanda uzwiho cyane impano yo gusengera abarwayi Padiri RUGIRANGOGA Aubaldi.
Padiri Ubald Rugirangoga ni muntu ki ?
Padiri Ubaldi RUGIRANGOGA yavukiye muri Segiteri ya Rwabidege muri
Paroisse ya Mwezi, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu. Hari
mu Kwezi kwa Gashyantare 1955. Se yitwaga Yakobo, nyina Adela, akaba
umwuzukuru wa Bidadaza.
Padiri Ubaldi yabatijwe ari uruhinja rw’ukwezi kumwe muri Werurwe
1955. Amashuri abanza yayigiye i Rwabidege kuva 1962 - 1968 , Seminari
ntoya yayigiye i Mibirizi ayakomereza mu iseminari nto yitiriwe
Mutagatifu Piyo wa 10 yo ku Nyundo, kugera mu 1973 aho yahungiye i
Burundi.
Irondakoko ryo muri 1973 ryamukozeho ubugira kenshi , ryabanje
kumwambura umubyeyi we mu w’1960, rituma ahungira i Burundi 1973 ari
naho yarangirije seminari nto.
By’indunduro irondakoko ryamuvukije Mama we yari asigaranye
n’umuryango mugari we mu w’1994. Padiri Ubaldi yagarutse i Rwanda 1978,
aza gukomeza mu iseminari nkuru ya Nyakibanda, ahabwa ubupadiri taliki
ya 22 Nyakanga 1984. Yaherewe Ubusaseridoti i Mwezi .
Ahereye ku burere yahawe n’ababyeyi be, Yakobo na Aniziya bamubyaye
bakamurera, bakamutoza imico myiza, bakamutoza iyobokamana n’ubwo Papa
we nta gihe gihagije yabiboneye, ibyo nibyo byatumye Padiri Ubaldi afata
umwanzuro wo kuziyegurira Imana.
Ubwo Padiri Ubaldi yumvaga Imana imuhamagaye kuyiyegurira, yabibwiye
Mama we yari asigaranye ntiyahigima, ahubwo amushishikaza avuga ati jya
mbere mwana wanjye. Aho mariye kuba umupadiri mu w’i 1999, Padiri Ubald
yakoze muri Diyosezi ya Cyangugu.
Yaje guhabwa inshingano zo gukora muri sekeretariya ya Sinodi ubwo
hategurwaga Yubile y’imyaka 100 ivanjiri igeze i Rwanda. Muri ubwo
butumwa, harimo abapadiri bane harimo na Padiri Ubald akaba yari arimo
ndetse n’umulayikikazi umwe.
Iryo tsinda ryari rishinzwe gutegura Sinodi ya Cyangugu ryitwaye neza
cyane, ndetse rishyira ahagaragara imyanzuro yashimishije ubuyobozi bwa
Diyosezi ya Cyangugu uhereye ku mwepiskopi kugera ku bakristu
basanzwe.Muri iki gikorwa Ubald akaba yaragaragaje ubushishozi
nk’umupadiri n’ubuhanga , akihatira kugaragara neza, mu byo yavugaga no
mu byo yakoraga.
Si abirabura gusa bakunda Ubaldi kuko n’abazungu usanga bamushaka cyane
Padiri Ubaldi yabaye umupadiri muri Paruwasi ya Nyamasheke , Genocide
ikaba ariho yasanze ari, nyuma aza kwimurirwa muri Paruwasi ya Mushaka
ari naho kugeza ubu ari Padiri Mukuru wa Paruwasi kuva muri 1999.
Kuva yagera i Mushaka, Padiri Ubald yasanze abakristu baho burebana
ay´ingwe bitewe n’amahano ya Genocide yabaye mu Rwanda muri 1994, aho
bamwe mu bakristu bitwaye nabi, bagirira nabi bagenzi babo badahuje
ubwoko. Ibyo rero byatumye Padiri Ubaldi asanga hari ibisare by’umwaka
wa 1994 byamunze abakristu b’iyo Paruwasi yari agiye kuyobora.
Yabaye Umukangurambaga w’ubumwe n’ubwiyunge mu bakristu ba Paruwasi ya MUSHAKA
Padiri Ubaldi akigera muri Paruwasi ya Mushaka, yahise yihutira
gushishikariza abakrustu ba Pauwasi ya Mushaka gusabana imbabazi ku
byabaye muri Genocide. Akaba yarabakoresheje imyiherero myinshi y´umunsi
wose kugera ubwo ubumwe n’ubwiyunge i Mushaka bose babibonyemo umuti
w’ubukristu bwabo.
Muri icyo gihe abiyumvagamo ubucibwe kuko batatiye igihango
bagahemukira abavandimwe babo, baciye bugufi basaba imbabazi bagarura
ubumuntu. Padiri Aubaldi kandi, yaramanukaga akajya mu buroko bukikije
iyo za Mushaka, akajya kwigisha inkuru nziza, akabwira abakoze ibyaha
kwihana no gusaba imbabazi, Uko ni nako yatoje ku rundi ruhande
abahohotewe kubabarira ababahemukiye.
Nyuma y’igihe kitari gito Padiri akora ibi bikorwa, abakristu b’i
Mushaka bagarutse mu nzira, bava ibuzimu bagaruka ibuntu babikesheje uyu
mushumba Imana yabahaye. Kuba Padiri Ubaldi yaramanukaga akabasanga mu
buroko akabakangurira gusaba imbabazi kugirango bagere ku nzira nyayo yo
guhumanuka.
Ni muri urwo rwego Padiri Ubaldi yashinze icyo yise " Sinodi na
gacaca nkirisitu " aho kwirega no gusabana imbabazi ku ba nya Mushaka
byabaye nk’ubuzima bwabo bwa buri munsi. Ibi byatumye batera intambwe
ishimishije muri Diyosezi yabo mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge.
Yahawe impano yo gusengera abarwayi
Iyo uvuze Padiri Ubaldi, abanyarwanda bose cyane cyane abo muri Kiriziya
Gaturika bahita bumva Padiri ufite impano cyangwa se ingabire yo
gusengera abarwayi bagakira.
Ibi kandi reka babivuge, kuko Padiri Aubaldi yazengurutse igihugu
cyose akora amasengesho yo gusengera abarwayi, benshi barahembuka.Aho
Padiri Aubaldi azakora isengesho, usanga abantu bakubise buzuye cyane
cyane abafite ubumuga bw’umubiri.
Nk’uko twabibasezeranyije mu minsi itaha tukaba tuzajya tubagezaho
ibikorwa bimwe na bimwe bizajya bikorerwa mu masengesho ya Padiri
Aubaldi ndetse nibiba na ngomba muzabasha kugezwaho zimwe mu nyigisho
ze.
MANA KOMEZA KWAGURA IMPANO YA PADIRI UBALDI KUGIRANGO ARUSHEHO GUHEMBURA INTAMA ZAWE
1xbet korean bookmaker review - legalbet.co.kr
ReplyDelete1xbet korean bookmaker review The official site of the bookmaker and the site of the most successful online 1xbet зеркало casino. 1xbet