Monday, December 24, 2012

UBUZIMA BWA PADIRI UBALD RUGIRANGONGA

Dore ubuzima bw’Umukozi w’Imana w’umunyarwanda uzwiho cyane impano yo gusengera abarwayi Padiri RUGIRANGOGA Aubaldi.
 
     


Padiri Ubald Rugirangoga ni muntu ki ?
Padiri Ubaldi RUGIRANGOGA yavukiye muri Segiteri ya Rwabidege muri Paroisse ya Mwezi, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu. Hari mu Kwezi kwa Gashyantare 1955. Se yitwaga Yakobo, nyina Adela, akaba umwuzukuru wa Bidadaza.
Padiri Ubaldi yabatijwe ari uruhinja rw’ukwezi kumwe muri Werurwe 1955. Amashuri abanza yayigiye i Rwabidege kuva 1962 - 1968 , Seminari ntoya yayigiye i Mibirizi ayakomereza mu iseminari nto yitiriwe Mutagatifu Piyo wa 10 yo ku Nyundo, kugera mu 1973 aho yahungiye i Burundi.
Irondakoko ryo muri 1973 ryamukozeho ubugira kenshi , ryabanje kumwambura umubyeyi we mu w’1960, rituma ahungira i Burundi 1973 ari naho yarangirije seminari nto.
By’indunduro irondakoko ryamuvukije Mama we yari asigaranye n’umuryango mugari we mu w’1994. Padiri Ubaldi yagarutse i Rwanda 1978, aza gukomeza mu iseminari nkuru ya Nyakibanda, ahabwa ubupadiri taliki ya 22 Nyakanga 1984. Yaherewe Ubusaseridoti i Mwezi .
Ahereye ku burere yahawe n’ababyeyi be, Yakobo na Aniziya bamubyaye bakamurera, bakamutoza imico myiza, bakamutoza iyobokamana n’ubwo Papa we nta gihe gihagije yabiboneye, ibyo nibyo byatumye Padiri Ubaldi afata umwanzuro wo kuziyegurira Imana.
Ubwo Padiri Ubaldi yumvaga Imana imuhamagaye kuyiyegurira, yabibwiye Mama we yari asigaranye ntiyahigima, ahubwo amushishikaza avuga ati jya mbere mwana wanjye. Aho mariye kuba umupadiri mu w’i 1999, Padiri Ubald yakoze muri Diyosezi ya Cyangugu.
Yaje guhabwa inshingano zo gukora muri sekeretariya ya Sinodi ubwo hategurwaga Yubile y’imyaka 100 ivanjiri igeze i Rwanda. Muri ubwo butumwa, harimo abapadiri bane harimo na Padiri Ubald akaba yari arimo ndetse n’umulayikikazi umwe.
Iryo tsinda ryari rishinzwe gutegura Sinodi ya Cyangugu ryitwaye neza cyane, ndetse rishyira ahagaragara imyanzuro yashimishije ubuyobozi bwa Diyosezi ya Cyangugu uhereye ku mwepiskopi kugera ku bakristu basanzwe.Muri iki gikorwa Ubald akaba yaragaragaje ubushishozi nk’umupadiri n’ubuhanga , akihatira kugaragara neza, mu byo yavugaga no mu byo yakoraga.

Si abirabura gusa bakunda Ubaldi kuko n’abazungu usanga bamushaka cyane
Padiri Ubaldi yabaye umupadiri muri Paruwasi ya Nyamasheke , Genocide ikaba ariho yasanze ari, nyuma aza kwimurirwa muri Paruwasi ya Mushaka ari naho kugeza ubu ari Padiri Mukuru wa Paruwasi kuva muri 1999.
Kuva yagera i Mushaka, Padiri Ubald yasanze abakristu baho burebana ay´ingwe bitewe n’amahano ya Genocide yabaye mu Rwanda muri 1994, aho bamwe mu bakristu bitwaye nabi, bagirira nabi bagenzi babo badahuje ubwoko. Ibyo rero byatumye Padiri Ubaldi asanga hari ibisare by’umwaka wa 1994 byamunze abakristu b’iyo Paruwasi yari agiye kuyobora.
Yabaye Umukangurambaga w’ubumwe n’ubwiyunge mu bakristu ba Paruwasi ya MUSHAKA
Padiri Ubaldi akigera muri Paruwasi ya Mushaka, yahise yihutira gushishikariza abakrustu ba Pauwasi ya Mushaka gusabana imbabazi ku byabaye muri Genocide. Akaba yarabakoresheje imyiherero myinshi y´umunsi wose kugera ubwo ubumwe n’ubwiyunge i Mushaka bose babibonyemo umuti w’ubukristu bwabo.
Muri icyo gihe abiyumvagamo ubucibwe kuko batatiye igihango bagahemukira abavandimwe babo, baciye bugufi basaba imbabazi bagarura ubumuntu. Padiri Aubaldi kandi, yaramanukaga akajya mu buroko bukikije iyo za Mushaka, akajya kwigisha inkuru nziza, akabwira abakoze ibyaha kwihana no gusaba imbabazi, Uko ni nako yatoje ku rundi ruhande abahohotewe kubabarira ababahemukiye.
Nyuma y’igihe kitari gito Padiri akora ibi bikorwa, abakristu b’i Mushaka bagarutse mu nzira, bava ibuzimu bagaruka ibuntu babikesheje uyu mushumba Imana yabahaye. Kuba Padiri Ubaldi yaramanukaga akabasanga mu buroko akabakangurira gusaba imbabazi kugirango bagere ku nzira nyayo yo guhumanuka.
Ni muri urwo rwego Padiri Ubaldi yashinze icyo yise " Sinodi na gacaca nkirisitu " aho kwirega no gusabana imbabazi ku ba nya Mushaka byabaye nk’ubuzima bwabo bwa buri munsi. Ibi byatumye batera intambwe ishimishije muri Diyosezi yabo mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge.
 
Yahawe impano yo gusengera abarwayi 

Iyo uvuze Padiri Ubaldi, abanyarwanda bose cyane cyane abo muri Kiriziya Gaturika bahita bumva Padiri ufite impano cyangwa se ingabire yo gusengera abarwayi bagakira.
Ibi kandi reka babivuge, kuko Padiri Aubaldi yazengurutse igihugu cyose akora amasengesho yo gusengera abarwayi, benshi barahembuka.Aho Padiri Aubaldi azakora isengesho, usanga abantu bakubise buzuye cyane cyane abafite ubumuga bw’umubiri.
Nk’uko twabibasezeranyije mu minsi itaha tukaba tuzajya tubagezaho ibikorwa bimwe na bimwe bizajya bikorerwa mu masengesho ya Padiri Aubaldi ndetse nibiba na ngomba muzabasha kugezwaho zimwe mu nyigisho ze.
MANA KOMEZA KWAGURA IMPANO YA PADIRI UBALDI KUGIRANGO ARUSHEHO GUHEMBURA INTAMA ZAWE

1 comment:

  1. 1xbet korean bookmaker review - legalbet.co.kr
    1xbet korean bookmaker review The official site of the bookmaker and the site of the most successful online 1xbet зеркало casino. 1xbet

    ReplyDelete