Monday, December 24, 2012

Inyigisho yo ku Munsi Mukuru wa Noheli


Noheli ibisingizo mu Ijuru, Noheli urumuri ruratangaje. Zuba rirashe yaje muri twe, nidushimire uwo Mwami utuzaniye ibyishimo n’ubutabera nk’uko Zaburi ya 97 ibitubwira. “Matongo ya Yeruzalemu nimuhanike murangururire icyarimwe amajwi y’ibisingizo, kuko Uhoraho ahumurije umuryango we agacungura Yeruzalemu”. Aya akaba ari amagambo ya Izayi, utugaragariza agakiza k’Imana yacu yaje muri twe, Imana yohereje Umwana wayo we buranga bw’ikuzo rye n’ishusho rya kamere yayo nk’uko umuhanuzi Izayi akomeza abitubwira, ngo aze abane natwe kandi atumenyeshe se.
Uwo ni We wariho kandi wahozeho, yabanaga n’Imana kandi akaba Imana. Ni We byose bikesha kubaho kandi ni We rumuri rw’abantu nk’uko Ivanjiri ya Yohani ibitwibutsa. Umunsi wa Noheli utume twakira uwo Mwami kugira ngo aduhindure abana b’Imana kandi duhabwe kubusendere bwe, tugirirwe ubuntu bugeretse k’ubundi.
 
1. Noheli, umunsi w’ibyishimo.
Imana nihabwe ikuzo mu bushorishori bw’ijuru kuko yasuye umuryango wayo kandi ikawucungura. Nitwishime tunezerwe kuko icuraburindi ryari ritugose tubonye uza kuridukiza. Noheli ni umunsi w’ibyishimo, tutishimira na none kurya neza, kunywa no gufuraha gusa, ahubwo twishimira ineza ya Nyagasani kuri twebwe b’abanyabyaha. Tubikesha iki kukira ngo Umwami w’isi n’ijuru yicishe bugufi maze aze aturane natwe?
Nitwishime kuko Imana yaduhisemo ikatugira ibitangaza igihe yemeye kwigira ubusabusa mu nda ya Bikira Mariya. Iri ni iyobera rikomeye ry’ukwemera, uyu ni umugisha w’igisagirane rimwe na rimwe twibagirwa. Iyi Noheli nibe Noheli y’ibyishimo no gutanga amahoro. Mu ngo zacu kuri uyu munsi dusakazemo amahoro n’ibyishimo. 
 
2. Noheli, umunsi wo kudashyamirana
Twirinde gushyamirana, guhera uyu munsi tugire imyumvire mishya kandi ikwiye. Ntibe Noheli yo kuvuzanya amahiri ndetse n’amabuye, ntibe Noheli yo gucirana mu maso n’agasuzuguro. Niba hari n’abo twatukaga tuti: “Baragashira barimbuke, bashirire ikuzimu ari bazima, kuko ubugome bwagandiye iwabo”(Zaburi ya 55), tubicikeho. Noheli ibe umunsi wo kwirinda gutekerereza abandi no kubishyiramo tuvuga tuti “Ni abagira nabi bayobye bakiri mu nda ya ba nyina, bakaba n’abanyabinyoma barindagiye bakivuka.”(Zaburi 58,4-6). Niba hari uwo dufitanye ikibazo, twirinde kumubangamira uyu munsi maze na we yumve Noheli.
 
Noheli itume tuba abanyamugisha kandi dutange umugisha. Nitwige kubana neza n’abavandimwe bacu, Noheli nitubere iyo kuyoboka Umwami w’amahoro waje atugana. Uwo mwana w’amahoro watuvukiye aratubwiza Zaburi ya 63,4-5 agira ati: “Rubanda mwese nimwiringire Uhoraho igihe cyose, mumubwire ikibari k’umutima, kuko ari We buhungiro bwacu twese” Zab 62,8-9, ari ubwanjye ari n’ubwawe.
 
3. Noheli, umunsi wo kwita ku bana
 
“Mwana wanjye, umutima wawe nurangwaho ubuhanga, nanjye uwanjye uzishima, kandi nzanezerwa cyane umunwa wawe nuvuga amagambo aboneye. Umutima wawe ntukagirire ishyari abanyabyaha, ahubwo ujye uhora utinya Uhoraho kuko bucyana ayandi, hakazaza igihe uzabona ko icyizere cyawe atari imfabusa.”(Imigani 23,15-18). Uyu ni umunsi wo guha impanuro nk’izi abana bacu.Yezu wavutse yigize umwana, ababyeyi be bamurera neza kugira ngo azakurane ubwenge n’ubushishozi.Noheli isigire ababyeyi kumenya no kwita ku bana babo, kandi babahe ingero nziza. 

Abbe J D MUGIRANEZA 

No comments:

Post a Comment