Monday, December 24, 2012

DUSOBANUKIRWE IGIHE CYA ADIVENTI

I. INSOBANURO
 
Ijambo “Adiventi” rikomoka ku ijambo ry’ikilatini “Adventus” rivuga “Amaza”. Mu isezerano rishya iri jambo rifite ibisobanuro bibiri ugendeye ku gisobanuro cyaryo mu kigereki:
 
- Ukuza yuje ikuzo kwa Nyagasani (Parousia)
Reba: Mt 24, 3.27.37.39 ; 1Kor 15, 23 ; 2Tes 2, 8

- Ukwigaragaza kwa Nyagasani
Reba: 1Tim 6, 14 ; 2Tim 4, 1.8 ; Tito 2, 13
 
Adventi ni igihe cyo kwitegura Ivuka rya Yezu Kristu
Duhereye kuri ibi bisobanuro, Adventi ni igihe cyo gutegereza amaza (ukuza) n’ukwigaragaza kwa Nyagasani. Ni igihe twiteguramo ivuka rya Nyagasani.
 
II. ADVENTI MU MATEKA Y’UBUKRISTU
 
Mu mateka y’ubukristu, igihe cya Adventi ni cya gihe gihimbazwa kandi kikagirwamo imyumvire itandukanye n’uko kiri ubu.
Mu kinyejana cya 4, Adiventi yamaraga ibyumweru bitatu (guhera ku wa 12/12 kugera ku wa 06/01). Muri icyo gihe abakristu basabwaga kwibabaza, bategura Batisimu yatangwaga ku munsi mukuru w’Ukwigaragaza kwa Nyagasani (ku wa 06/01=Mu burengerazuba). Mu burasirazuba si uko byari biri ! Kuko ho, Adiventi cyari igihe cyo kuzirikana ku gaciro k’iminsi mikuru ya Noheli n’Ukwigaragaza kwa Nyagasani, n’uruhare iyo minsi mikuru ifite mu iyobera ry’ugucungurwa kwa muntu. Hanazirikanwaga kandi kuri Yohani Batisita na Bikira Mariya nk’abantu bagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’ukuvuka k’Umukiza Yezu Kristu.
 
Mu kinyejana cya 6, i Roma batangiye gutekereza kuri Adiventi ku buryo burambye. Batangiye Adiventi imara ibyumweru 6, biza kugabanywa kugeza ku byumweru 4.
 
Mu kinyejana cya 8 n’icya 9, hibajijwe niba Adiventi igomba guhimbazwa nk’ukuza yuje ikuzo kwa Nyagasani cyangwa niba ari ukwitegura ukuvuka kwa Nyagasani. Hemezwa ko Adiventi ari igihe cyo gutegereza no kwitegura ivuka rya Yezu.
 
Mu mwaka w’1963, Inama nkuru ya Kiliziya yabereye i Vatikani bwa kabiri (Vatican II), yemeje ko Kiliziya ihimbaza iyobera rya Kristu ku minsi yihariye (…), ihimbaza iryo yobera uko ryakabaye mu bihe bitandukanye by’umwaka uhereye ku kwigira umuntu n’ivuka bya Kristu ukagera ku isubira rye mu ijuru, ukagera ku munsi yohererejeho intumwa ze Roho Mutagatifu (…) (S.C. 102)
 
Mu mwaka w’1969, i Roma hatangarijwe amategeko rusange yerekeye umwaka wa liturujiya n’ingengabihe yawo. Hemezwa ko igihe cya Adventi gifite intego ebyiri: Ni igihe cyo kwitegura umunsi mukuru ukomeye wa Noheli, utwibutsa uko Umwana w’Imana yaje mu bantu bwa mbere; ni igihe kandi urwo rwibutso rufasha imitima gutegereza Kristu uzaza bwa kabiri ku munsi w’imperuka. Kubera izo mpamvu uko ari ebyiri, igihe cy’Adventi ni icyo gutegereza Umukiza mu byishimo n’ubutungane. (Itegeko rya 39, reba igitabo cya Misa, urupapuro rwa 96).
 
Ibi bisobanuro bihura neza na liturujiya y’igihe cy’Adventi, ndetse by’umwihariko bikagaragazwa n’amasomo matagatifu ateganywa na liturujiya mu Misa zo ku cyumweru mu gihe cy’Adventi.
 
III. AMASOMO MU MISA ZO KU CYUMWERU
 
Iyo witegereje neza amasomo liturujiya iteganya mu Misa zo ku cyumweru mu gihe cy’Adventi usanga muri buri Misa, isomo rya mbere riva mu gitabo cy’umuhanuzi, cyane cyane Izayi (Inshuro 7 kuri 12), isomo rya 2 riva mu mabaruwa ya Mutagatifu Pawulo intumwa, naho Ivanjili ni iyanditswe na Matayo (Umwaka A), iyanditswe na Mariko, Luka na Yohani (Umwaka B) n’iyanditswe na Luka (Umwaka C).
 
IV. IMBONERAHAMWE Y’AMASOMO MURI ADVENTI   (KU BYUMWERU)
 
 
Icyumweru I
Umwaka A Umwaka B Umwaka C
Iz 2,1-5
Rom 13,11-14
Mt 24,37-44
Iz 63,16-64,7
1Kor 1,3-9
Mk 13,33-37
Yer 33,14-16
1Tes 3,12-4,2
Lk 22,25-36
Icyumweru II Iz 11,1-10
Rom 15,4-9
Mt 3,1-12
Iz 40,1-11
2Pet 3,8-14
Mk 1,1-8
Bar 5,1-9
Filem 1,4-11
Lk 3,10-18
Icyumweru III Iz 35,1-10
Yak 5,7-10
Mt 11,2-11
Iz 61,1-11
1Tes 5,16-24
Yh 1,6-28
Sof 3,14-18
Filem 4,4-7
Lk 3,10-18
Icyumweru IV Iz 7,10-14
Rom 1,1-7
Mt 1,18-24
2 Sam 7,1-16
Rom 16,25-27
Lk 1,26-38
Mik 5,1-4
Heb 10, 5-10
Lk 1,39-45
 
Iyo usomye ayo masomo ukayazirikana, usanga buri cyumweru, mu gihe cy’Adventi, twibutswa ibyahanuwe, tukumva inyigisho zo mu gihe cy’intumwa, cyane cyane inyigisho mbonezabupfura (enseignement moral) hagasoza inyigisho zo mu mavanjili.
Muri zo, buri cyumweru hari ingingo nyamukuru yihariye Yezu atwibutsa.
 
Icyumweru cya I : Kuba maso mu gihe dutegereje ukuza k’Umwana w’umuntu, dore ko tutazi igihe azazira (Umwaka A).
Muri uko kuba maso, ntitugomba kurambirwa, tugomba gutegerezanya icyizere (Umwaka B).
Umunsi w’ukuza kwa Nyagasani si umunsi wo kurimbuka, ahubwo ni umunsi w’uburokorwe bwa muntu (Umwaka C).
 
Icyumweru cya II : Yohani Batisita aduhamagarira guhinduka, tukisubiraho, kuko ingoma y’ijuru yegereje.
 
Icyumweru cya III : Yohani ahamya uwo Yezu ariwe. Arusha Yohani ububasha, kuko ariwe byose bikesha kubaho. Ni We rumuri, yaje mu be ntibamumenya / ntiyakirwa. Ni Ntama w’Imana ugiye gukuraho icyaha kuko abatiriza muri Roho Mutagatifu.
 
Icyumweru cya IV : Mariya na Yozefu bamenyeshwa ivuka rya Yezu. Amasomo atwereka neza iyobera ry’ukwigira umuntu n’ivuka bya Yezu Kristu aribyo duhimbaza kuri Noheli.
Ukwicisha bugufi kwa Nyagasani n’ukwiyoroshya kwa Bikira Mariya.
 
V. UMWANZURO
 
Igihe cy’Adventi gikwiye kutubera igihe cyo kuzirikana by’umwihariko iyobera ry’urukundo rw’Imana yaje idusanga, natwe tukaba dusabwa kuyishyira abandi. Imana yigize umuntu, ishaka gutura mu mitima yacu.
 
INYANDIKO ZIFASHISHIJWE
 
1)      XXX, Bibiliya ntagatifu, Verbum Bible, Kinshasa 1997
2)      Con. Vat. II, Constitution Sacra Liturgia, Sacrosanctum Concilium, n. 102
3)      XXX, Igitabo cya Misa ya Kiliziya Gatolika ya Roma, Ed. Biblique et Liturgique, Kabgayi, 1991
4)      C.EP.R, Ordo liturgique, Année A,B,C
5)      P. Rouillard et autres, Temps de l’Avent, assemblée du Seigneur, 4, Cerf, Paris 1975.
 
Byateguwe na Fratri Augustin NDAGIRIYIMANA

No comments:

Post a Comment