Monday, December 24, 2012

Amateka ya kiliziya mu Rwanda

Amwe mu mataliki yaranze amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda

  Kuva ku italiki ya 24 gashyantare 1878 ubwo abamisiyoneri bageraga mu gihugu cyacu cyemeraga Imana  nk’iyirirwa ahandi igataha i Rwanda; hari amwe mu matariki yaranze  kiliziya gatolika yigishijwe ikanimakazwa n’abo bamisiyoneri mu Rwanda.
Misiyoni ya mbere i SAVE yashinzwe muri Gashyantare 1900
Mu mwaka w’i 1894 : Nubwo italiki itazwi neza  Hashinzwe vicariyati ya Nyanza itandukanijwe na Victoria-Nyanza. Icyo gihe u Rwanda ruba igice gishya muri kiliziya gatorika gishingwa Musenyeri LIVINHAC kugeza asimbuwe na Musenyeri HIRTH mu 1899.
Ku italiki ya 12 Ugushyingo 1897 : Ku bubasha nk’irahe ku gihugu cy’u Rwanda Musenyeri HIRTH, yageze mu gace ka Katoke (Tanzanie) ategurwa kuza mu Rwanda.
Ku italiki ya 15 Nzeli 1899 : Hamwe nabo bari kumwe Musenyeri HIRTH bafashe inzira bayoboza mu Rwanda bava iyo muri Kamoga (Bukumbi / Tanzanie.
Mu mateka itariki ntizwi neza ubwo  Mgr HIRTH, padiri BRARD, na Paul BARTHELEMY hamwe na Furere ANSELME, bageze i bwami kwiyereka Umwami Yuhi MUSINGA.
Ku italiki ya 8 Gashyantare 1900 : Hashinzwe Misiyoni ya mbere i SAVE.
Ku italiki ya 1 Mutarama 1902 : Hashinzwe Misiyoni ya ZAZA
Ku italiki ya 4 Mata1902 : Hashinzwe Misiyoni ya Nyundo

Ku italiki ya 20 Ugushyingo 1903 : Hashinzwe Misiyoni ya Rwaza
Ku italiki ya 20 Ukuboza 1903 : Hashinzwe Misiyoni ya Mibirizi
Mu mwaka 1906 : hashingwa misiyonia ya Kabgayi
Mu mwaka 1903 : Habatijwe abakiristu 49 i Save
Mu mwaka 1909 : Hasohotse igitabo cya mbere cy’inyigisho za kiliziya mu Rwanda
Mu mwaka 1910 : Hageze ababikira ba mbere (Sœurs Blanches).
Mu mwaka 1910 : Aba seminari ba mbere b’abanyarwanda binjiye mu iseminari nto ya Rubia (Ihangiro/Tanzanie) nyuma bakomereza i agondo/Tanzanie.
Ku italiki ya 12 ukuboza 1912, démembrement du Victoria-Nyanza Méridional
 Mu mwaka 1913 : Nibwo abaseminarib’Abanyarwanda bigaga i Rubia bagarutse i Kabgayi bamara umwaka umwe i Kansi (Nyaruhengeri-Butare). Aha hanashingiwe umuryango w’ababikira b’ABENEBIKIRA na Musenyeri Joseph HIRTH.
Muri Nyakanga 1917 : Umwami Yuhi V MUSINGA yemeye ko kiliziya ikora ibikorwa byayo mu Rwanda nk’idini.
 Ku italiki ya 7 Ukwakira 1917 : Habaye itangwa rya mbere ry’ubupadiri i Kabgayi, ku bapadiri 2 b’Abanyarwanda aribo Padiri Balthazar GAFUKU w’i Zaza na Donat REBERAHO w’i Save.
Mu mwaka 1919 : Bwa mbere mu mateka yabo Padiri Balthazar GAFUKU na Donat REBERAHO batangiye gukora ubutumwa bwabo bafatanjije na Furere Oswald w’umuyozefiti.
 Mu mwaka 1925 : Hizihijwe yubile y’imyaka 25 Kiliziya igeze mu rwanda
 Ku italiki ya 25 werurwe 1919 : Umwenebenebikira wa mbere w’Umunyarwanda yinjiye muri uyu muryango na Sœur YOHANA
Ku italiki ya Mata 1922 : Papa Piyo wa XI yahaye ubuyobozi bwa vikariyati y’u Rwanda Léon CLASSE.
Mu mwaka 1928 : Abafurere b’urukundo bageze mu gihugu banashinga ibikorwa byibandaga ku burezi nka Groupe sclaire Officiel de Butare y’ubu
Ku italiki ya 1 Nzeli 1933 : Hashinzwe ikinyamakuru cya kiliziya « IKINYAMATEKA » cyaje kwitwa KINYAMATEKA. Kikaba ari nacyo cya mbere cyahayeho mu Rwanda mu byandika
Mu mwaka 1936 : Iseminaryi Nkuru y’i Kabgayi yimuriwe i Nyakibanda.
 Ku italiki ya 19 Werurwe 1943 : Musenyeri Laurent DEPRIMOZ, wari wungirije Musenyeri CLASSE yamusimbuye ku buyobozi bwa Kiliziya y’u Rwanda.
Ku italiki ya 17 Ukwakira 1943 : Umwami MUTARA III RUDAHIGWA yarabatijwe nyuma y’imyaka igera kuri 14 yigishwa amahame y’idini akareka Imana y’iwabo agakurikira Kiristu
Ku italiki ya 27 Ukwakira 1946 : Umwami MUTARA III RUDAHIGWA yeguriye u Rwanda Kristu Umwami muri Kiliziya yamwitiriwe i Nyanza ya Butare.
Mu mwaka 1950 : Sinode yo gutegura yubile y’imyaka 50 yari yarateguwe ku va mu mwaka 1945 na Musenyeri Deprimoz. Yizihirizwa i Butare mu gihe u Rwanda rwari rugize misiyoni 40.
Ku itariki ya 14 Mutarama 1952 : Nyirubutungane Papa Piyo wa XII yahaye nyiricyubahiro Musenyeri Aloys Bigirumwami, kuba umwepisikopi wa mbere w’umwirabura mu cyo bitaga afurika mbirigi (premier Evêque noir de l’Afrique Belge) yahabwa inkoni y’ubushumba.
Musenyeri Aloys Bigirumwami, Umwepisikopi wa mbere w’umwirabura mu cyo bitaga Afurika Mbiligi
Ku itariki ya 19 Ukuboza 1955 : André Perraudin, yagizwe umuyobozi (Recteur) w’iseminari nkuru ya Nyakibanda, Anashinzwe kabgayi (Vicaire Apostolique de Kabgayi).
Ku itariki ya 25 Werurwe 1956 : Musenyeri Perraudin, yahawe ubuyobozi bwa Vicariyati ya Kabgayi. Akuriwe na Nyiricyubahiro Musenyeri Aloys Bigirumwami.
Ku itariki ya 24 Mata 1956 : Padiri Raphaël Sekamonyo yaguye umuryango w’Abizeramariya ku Gisagara i (Butare).
Ku itariki ya 10 Ugushyingo 1959 : Mu ibaruwa ya gishumba « Cum parvulum sinapis », Papa Yohani wa XXIII yahaye uburenganzira kiliziya y’u Rwanda ; Kabgayi iba kiliziya nkuru (archevêché).
Ku itariki ya 20 ukuboza 1960 : Hashinzwe diyoseze ya Ruhengeri ibyawe na Nyundo, ihabwa kuyoborwa na Musenyeri Bernard Manyurane, wapfiriye i Rome mbere ko yimikwa ku wa 8 Gicurasi 1961, Iyoborwa ku buryo bw’agateganyo na Mgr Perraudin, nyuma y’iminsi 20 atabarutse.
Ku itariki ya 21 Kanama 1961 : Musenyeri Joseph Sibomana yatorewe kuyoborwa Diyoseze ya Ruhengeri ; ahabwa inkoni y’ubushumba na Mgr Perrelli Mojaisky ku wa 3 Ukuboza 1961.
Mu mwaka w’1961 : Iseminari nkuru ya nyakibanda yavuye mu maboko y’abapadiri bera ijya mu maboko y’abenegihugu Ku itariki ya 11 Nzeli 1961 : Hashinzwe diyoseze ya Butare (Astrida) ku wa 5 Mutarama 1962 ihabwa Nyiricyubahiro Musenyeri Jean Baptiste Gahamanyi nk’umushumba wa mbere.
Mu mwaka w’1963 : Abapadiri ba badominikani bashinzwe Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bayiyobora kugeza mu 1974.
Ku itariki ya 6 Kamena 1964 : Hemejwe ko Vaticani ihagararirwa mu Rwanda, ku wa 6 Kanama 1964, Mgr Vito ROBERTI atanga impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira kiliziya mu Rwanda.
Mu mwaka w’1967 : Hizihijwe yubire y’imyaka 50 y’ubusaseridoti mu Rwanda.
Ku itariki ya 5 Nzeli 1968 : Hashinzwe diyoseze ya Kibungo, ishingwa Musenyeri Sibomana Joseph wayoboraga Diyoseze ya Ruhengeri, Isigara iyoborwa na Musenyeri Phocas Nikwigize.
Ku itariki ya 31 Nzeli 1973 : Musenyeri Aloys Bigirumwami yatangaje ko yeguye ku buyobozi bwa Diyoseze ya Nyundo asimburwa na Musenyeri Vincent Nsengiyumva wahawe inkoni y’ubushumba ku wa 12 Mutarama 1974.
Mu mwaka wa 1975 : Hisihijwe Yubile y’imyaka 75 i Butare Kiliziya igeze mu Rwanda.
Ku itariki ya 3 Gicurasi 1976 : Nyirubutungane Papa Pawulo wa VI yashinze arikiyepisikopi ya Kigali isimbura Kabgayi nka kiliziya ihagarariye izindi ishingwa Musenyeri Vincent Nsengiyumva wayoboraga Nyunda yambikwa igishura ku wa 20.6.1976, na karidinali Angelo Rossi. Mu gihe Musenyeri André Perraudin yafatwaga nk’archevêque – évêque.
Ku itariki ya 27 Werurwe 1977 : Nyiricyubahiro Musenyeri Wenceslas Kalibushi, yahawe ubuyobozi bwa diyoseze ya Nyundo.
Ku itariki ya 6 Kamena 1980 : Icyari ihuriro ry’abepiskopi mu Rwanda cyahindutse inama y’abepiskopi b’u Rwanda Ku itariki ya 5 Ugushyingo 1981 : Hasinzwe diyoseze 2 arizo Byumba na Cyangugu.
Diyoseze ya Byumba ihabwa Musenyeri Joseph Ruzindana ahabwa inkoni y’ubushumba ku wa 17 Mutarama 1982
Diyoseze ya Cyangungu, yahawe Musenyeri Thaddée Ntihinyurwa ahabwa inkoni y’ubushumba ku wa 24 Mutarama 1982 (kuri ubu n’Akiepiskopi wa Kigali).
Ku itariki ya 28 Ugushyingo 1987 : Musenyeri Thaddée Nsengiyumva yabaye umusimbura wa w’Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi.
Ku itariki ya 15 Kanama 1988 : Musenyeri Jean Baptiste Gahamanyi wari umwepiskopi wa Kibeho yatangaje ko i Kibeho hari abagaragara nka babonekerwa mu gihe byatangiye ku wa 28 Ugushyingo 1981.
Ku itariki ya 4 Ugushyingo 1989 : Hafunguwe iseminari nkuru y’i Kabgayi (Grand Séminaire Philosophicum de Kabgayi).
Ku itariki ya 15 Gicurasi 1990 : Hasohotse bibiliya yo mu kinyarwanda « Bibiliya Ntagatifu ».
Kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 9 Nzeli 1990,  ubwo Nyirubutungane Papa yohani Pawulo wa II yasuraga ibiyaga bigari, Yasuye n’ u Rwanda, ku ya 8 Nzeli 1990 ahatangira isakaramentu ry’ubusaseridoti ku bapadiri 22 i Mbare muri diyosezi ya Kabuga

2 comments: